Ntabwenge, ni izina ryahawe umusore uboneka mu gitabo cy'Umugenzi, uturuka mu gihugu bise Nyirandabizi. Izina rye mu bisobanuro birambuye, dukurikije uko yarihawe mu rurimi rw'icyongereza, ni "ukutagira ubumenyi" (Ignorance), kandi izina ry'igihugu akomokamo, Nyirandabizi, risobanuro uko ateye muri kamere ye. Aza guhurira na Mukirisito na Byiringiro mu nzira igana mu Ijuru, kandi na we, cyimwe na bo, aba afite ibyiringiro byo kuzabona ubwami bw'Ijuru. Turaza kubona ko umuntu ashobora gutangira urugendo rujya mu Ijuru ku bushake bwe, ari byo gukorera Ijuru, ariko atayobowe n'IMANA, bityo imirimo ye yose akaba ari impfabusa! Inzira y'ubusamo Hari inzira iva mu gihugu Ntabwenge aba aturukamo igatungukira mu kayira k'inzira igana mu Ijuru. Iyo nzira ntinyura ku musaraba, ntinyura kuri rya rembo rifunganye, kandi ntinyura no kuri za Biruhanya na Mucisha Bugufi, n'ahandi hose abagenzi bajya mu Ijuru ubusanzwe baba bafite kunyura. Ni inzira y'umun...
Comments
Post a Comment
Andika igitekerezo