Skip to main content

Posts

Mubwirizabutumwa na Bwengebwisi

Mu gitabo cy' Umugenzi dusomamo abagabo babiri, Mubwirizabutumwa na Bwengebwisi. Bombi bashaka kurangira Mukirisito ahantu yabonera umukuraho umutwaro uba umuremereye cyane mu mugongo. Tugiye kurebera hamwe aho hantu hombi, n'imimerere ya Mukirisito muri urwo rugendo. Nk'uko tubisoma, Mukirisito aba yambaye ubushwambagara. Umwambaro, mu buryo bw'umwuka, ni imirimo yo gukiranuka igendana n'umuntu( Ibyahishuwe 19:8 ). Ubushwambagara ni wa mwenda ushaje bagira uwo gukoropesha cyangwa kwihanaguza ivumbi. Bisobanuye ko gukiranuka kwa Mukirisito, nubwo ahari we yabonaga gushyitse, kwari gusuzuguritse cyane imbere y'IMANA nk'uko umwambaro w'ubushwambagara utawuha umuntu nk'impano( Yesaya 64:5 ). Bishobora kuba inshuro usenga, uko ugira neza, uko ugira ingeso nziza,... Umudugudu wa Rimbukiro, aho Mukirisito yari atuye, ni imvugo y'umwuka igaragaza ko ibyo yari yaramenyereye bitewe n'uburyo yakuze cyangwa uburyo afatamo ubuzima n'isi, bitera kurim...
Recent posts

Ikibaya cya Mucishabugufi

Muri Mariko 10:17-27 , tuhabona iby'umusore w'umutunzi uza kubaza YESU uko yaragwa ubugingo buhoraho. Dukurikije iyi nkuru tubona ko yari umusore wubaha IMANA akagerageza kugurikiza amategeko yayo. YESU aramwitegereza akamukunda, akamubwira ati: "ushigaje kimwe". Iri jambo YESU amubwira rigaragaza ko uyu musore koko yubahirizaga amategeko y'IMANA ariko hakaba hari ikindi kintu kimwe YESU yabonaga ko akwiriye gukora kugira ngo abone ubwo bugingo buhoraho. Tubona ko byaje kumugora cyane ndetse ntituzi niba yaraje no gukora ibyo YESU yamusabye. Ikibaya cya Mucishabugufi ni izina rikoreshwa mu gitabo cy' Umugenzi rishushanya igihe kimwe mu bindi bihe byinshi umugenzi ugana mu Ijuru anyuramo. Ubundi iri jambo "Mucishabugufi" mu gitabo cy'icyongereza bavuga "Humiliation", bisobanura gutuma wumva uteshejwe agaciro mu bantu. Ni hahandi duhita tuvuga ngo nasebye, yankojeje isoni, bamfashe nk'ikigoryi,... bikakubabaza kuko byakomerekeje ubwib...